Kigali

Icyafashije Deprince w’inzozi zo kuba Ambasaderi w’umuziki w’u Rwanda muri Afurika gukorana na Green P – VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:24/10/2024 9:04
0


Umuraperi ukizamuka wiyise Deprince wakuranye inzozi zo kuba Ambasaderi w’umuziki w’u Rwanda muri Afurika yakoze mu nganzo ahishura inzira yamugejeje ku gukorana n’umuraperi Green P.



Deprince ni umusore w’imyaka 23 yavukiye mu Mujyi wa Kigali, Kimironko, watangiye gukora umuziki mu 2023, ariko kandi akaba yiga mu mwaka wa nyuma wa kaminuza mu ishami ry’amahoteli n'ubukerarugendo (UTB).

Kuri ubu rero, uyu muraperi yamaze gushyira hanze indirimbo yahuriyemo na murumuna we ndetse na Green P bise ‘Soweto.’ Muri iyi ndirimbo uyu muhanzi aba abwira umukobwa ko ashaka kumukunda by’iteka, ‘kabone n’iyo nanyura mu bikomeye nzarunambaho ndetse ko nshaka gukora ibyo inshuti zanjye zitaketse ko nakora.’

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Deprince yatangaje ko kwisanga we n’umuvandimwe we bari gukorana na Green P ari umugisha ukomeye, ahishura inzira itangaje byanyuzemo.

Ati: “Gukorana na Green P rero, navuga ko ari nk’umugisha twagize kuko umuvandimwe wanjye Black Chainz nibuka ko yari atiruye ne (clavate) kuri ‘drycleaner’ hanyuma niho yahuriye na Green p yumva yamusuhuza nk’umufana bimwe bisanzwe by’abafana n’abahanzi;

Gusa icyo gihe yabuze imbaraga zo kumuvugisha kuko Green yari mur tuff gang kandi twakuze tuyikunda.  Kubera rero amarangamutima, yahise amusuhuza amusaba ko twakorana indirimbo. Igitangaje Green p ntabwo yigeze atugora ni umupapa uciye bugufi cyane kandi wubaha nibyo namuvugaho.”

Yasobanuye ko mu gihe kiri imbere, yifuza kwibona ku rwego nk’urw’abahanzi bakomeye nka ba Harmonize, Bruce melodie na Asake, abo afata nk’icyitegererezo cye.

Zimwe mu mbogamizi we na murumuna we bakorana umuziki bagihura na zo ubushobozi bucye nubwo mu by’ukuri ibyo bakora babikunze, aho usanga no kwamamaza ibihangano byabo bibagora cyane.

Deprince yasoje asaba abanyarwanda kumutega amatwi kuko abafitiye ibikorwa byinshi kandi byiza, abizeza ko nibamushyigikira atazabatenguha ‘kuko ibihe biza bizana n’impinduka.’

Deprince n'umuvandimwe we biyambaje Green P mu ndirimbo yabo nshya

Murumuna wa Deprince witwa Black Chainz

Batangaje ko gukorana na Green P bitugeze bibagora kuko ari umuntu uciye bugufi 

Indirimbo yabo bayise 'Soweto'

">Kanda hano urebe indirimbo 'Soweto' ya Black Chainz na Rub Deprince bahuriyemo na Green P

">
 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND